AFC/M23 yatangaje umubare w’ abantu baguye mu gitero cya drone cyabereye i Mushaki
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abantu bagera kuri 20 ari bo baguye mu gitero cya drone cyagabwe ku isoko rya Mushaki, riherereye muri Teritwari ya Masisi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe abandi 57 bakomeretse.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko icyo gitero cyabaye hagati ya saa cyenda n’iminota 45 na saa kumi n’iminota 25 z’umugoroba.
AFC/M23 yavuze ko icyo gitero cyagabwe n’ihuriro ry’ingabo rishyigikiye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rikaba ryarahitanye abaturage barimo abagore, abana ndetse n’abandi basivili.
Iri huriro ryavuze ko ibyo bikorwa bifatwa nk’ibikomeye bihungabanya uburenganzira bwa muntu ndetse rishinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukomeza ibikorwa by’ihohoterwa mu duce rigenzura.
AFC/M23 yavuze ko igitero cy’i Mushaki kiyongereye ku bindi bikorwa by’imirwano n’ibitero byabaye mu duce dutandukanye kuva mu ntangiriro za Gicurasi 2026.
Mu bindi bice byatangajwe harimo Gankenke muri Minembwe, aho ku wa 8 Gicurasi 2026 na ho havuzwe ibikorwa by’imirwano. Ku wa 7 Gicurasi 2026 kandi, AFC/M23 yatangaje ko ibisasu byarashwe mu gace ka Kalenga muri Teritwari ya Masisi, bikagira ingaruka ku baturage ndetse bamwe bagahunga.
Iri huriro kandi ryavuze ko ku wa 4 Gicurasi 2026 hagabwe ibitero mu gace ka Lumbishi no mu nkengero zako muri Teritwari ya Kalehe, mu gihe ku wa 3 Gicurasi 2026 na bwo havuzwe ibitero mu duce twa Lumbishi, Rutare n’ahandi hahakikije.
AFC/M23 yanatangaje ko ku wa 2 Gicurasi 2026, mu gace ka Rugezi muri Minembwe habaye ibitero bya drone byagize ingaruka ku baturage ndetse bigateza kwimurwa kw’abaturage benshi.
Mu itangazo ryayo, AFC/M23 yashinje ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi gukomeza kurenga ku masezerano y’agahenge no kugaba ibitero mu duce igenzura.
Iri huriro ryavuze kandi ko rifite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abaturage bo mu bice rigenzura, mu gihe rikomeje gusaba ko habaho kubahiriza amasezerano y’amahoro n’agahenge.